Abanyarwanda
bahawe amahirwe yo gukina muri filime Gaël Faye
Gaël Faye ufite inkomoko mu Rwanda no mu
Bufaransa agiye gutunganya filime izaba ikubiyemo ibyo yanditse mu gitabo cye
yise ‘Petit Pays’.
Iki
gitabo cya Gaël Faye yatangiye kucyandika mu mwaka wa 2015, aza kugishyira
hanze mu 2017. kivuga ku musore witwa Gabriel, uba ameze nk’aho atazi ubwoko
bwe cyangwa se inkomoko ye.
Iki
gitabo ‘Petit Pays’ kugeza ubu kimaze kumuhesha ibihembo bitanu. Giherutse no
gushyirwa mu ndimi z’amahanga zirimo ‘Igishinwa’, ‘Icyarabu’ n’izindi nyinshi
zikoreshwa cyane ku Isi ndetse kigisohoka yahise anagishyira mu Kinyarawanda.
Kuri
ubu uyu muhanzi yamaze gutangaza ko agiye gukora filime ikubiyemo ibyari
bisanzwe biri mu gitabo cye kimaze kumwubakira izina.
Ubutumwa
yashyize ku mbuga ze zitandukanye zirimo facebook, twitter ndetse na instagram;
yagaragaje ko hakenewe abakinnyi ariko by’umwihariko bakaba bagomba kuzaba bavuga
igifaransa badategwa.
Gutoranya
abazakina muri iyi filime bizabera mu Rwanda, Brussels ndetse n’i Paris muri
uyu mwaka. Gufata amashusho yayo bigatangira mu 2019. Izakorwaho na Eric
Barbier uzayiyobora ndetse na Jerico na Super8 Production.
Hakenewe
abana bato b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka 9-13, bavuga neza igifaransa
bakomoka mu Rwanda, u Burundi cyangwa se akaba ari icyotara (métis). Hakenewe
n’ababakobwa bari mu kigero cy’imyaka 7-9 nabo bujuje ibisabwa ku bahungu.
Ababyeyi
bafite abana bujuje ibi byose rero bakwandikira Gael Faye n'ikipe iri kumufasha
mu Rwanda, u Burundi, Ububiligi no mu Bufaransa.
Gaël
Faye w’imyaka 36 ni umuririmbyi w’injyana ya Hip Hop akaba n’umwanditsi
w’ibitabo . Afite se ukomoka mu Bufaransa na nyina ukomoka mu Rwanda. Yavukiye
mu Burundi mu 1982 aho nyina yahungiye kuva mu 1959 ubwo Abatutsi batangiraga
kumeneshwa, bagakwira imishwaro bahungira mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.
No comments:
Post a Comment