Umugore umaze kwamamara cyane ku mbuga nkoranyambaga Shaddy Boo yikomye
abamusetse ku bw’icyongereza aherutse kuvuga, avuga ko yaminuje mu kuvuga
igifaransa, icyongereza atari ibintu bye.
Mu
ijoro ryo kuri iki cyumweru i Dar es Salaam muri Tanzaniya nibwo habaye kimwe
cya kabiri cy’irangiza cy’irushanwa ryiswe Biko Jibebe Challenge ryateguwe
n’umuhanzi Diamond Platnumz. Amatsinda atandukanye y’ababyinnyi aba ahatanira
ibihembo bizahabwa ababyinnye neza indirimbo Diamond ahuriyemo n’abahanzi bakorera muri
Wasafi bise Jibebe.
Umunyarwandakazi
Shaddy Boo wamamanye mu mashusho y’indirimbo zitandukanye no ku mbuga
nkoranyambaga niwe wari umushyitsi w’imena wanayoboye iki gikorwa.
Mu
biganiro yagiranye n’itangazamakuru, Shaddy Boo wakoreshaga ururimi
rw’icyongereza yagaragaraga nk’ufite igihunga, asubirishamo abanyamakuru
ibibazo, mu gusubiza akarya indimi ndetse ntanasubize neza ibyo bamubajije.
Ibi
byatumye benshi bamwanjama ku mbuga nkoranyambaga, bibaza ukuntu uyu mugore
waciye ibintu mu Rwanda, atabasha kuganira mu rurimi rw’icyongereza nyamara
akunze kuzenguruka amahanga, akanahura na benshi mu baruvuga.
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga Shaddy Boo yavuze ko ntawe ukwiye kumutera ibuye kuko yavuze
icyongereza gikennye kuko n’ubundi atari rwo rurimi asanzwe akoresha. Ngo
igifaransa azi kuvuga neza abanyatanzaniya ntibacyumva.
Yagize
ati “ nabonye abantu banseka kubera icyongereza cyanjye gike. Mvuga igifaransa,
icyongereza si ikintu cyanjye mu by’ukuri. Mwari mwiteze ko mvuga
igifaransa mu gihugu kitarimo umuntu n’umwe ukivuga. N’aho nagerageje kuko
nibwo bwa mbere nari mbikoze. Nk’uko utabasha kuvuga igifaransa neza ni nk’uko
ntavuga icyongereza neza.”
Bimwe
mu byo Shaddy Boo yavugiye muri Tanzaniya ni uko yatunguwe no kubona ahafite
abafana benshi, iby’urukundo rwe na Diamond yabiteye utwasi. Uyu mugore kandi
ngo ni umufana ukomeye wa Wema Sepetu bitewe n’uko yicisha bugufi kandi akaba
anambara neza.
No comments:
Post a Comment