Fashion

Wednesday, August 29, 2018

Rayons Sports igiye guhura na Young Africans mu mukino usoza imikona y'amatsinda idafite abakinnyi 11 mu bo yatangiranye uru rugendo

Benshi muri aba bakinnyi ntibakibarizwa muri Rayons Sports


Ikipe ya Rayon Sports ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Confederations Cup, kuri uyu wa Gatatu ni bwo ihura na Young Africans yo mu gihugu cya Tanzania mu mukino wa nyuma mu itsinda D. Mu bakinnyi Rayon Sports yatangiranye uru rugendo  kuri ubu ikaba iburamo abakinnyi 11 mu gihe Young Africans bagiye guhura ikaba yo iburamo abakinnyi 8.

Gashyantare,tariki 10 2018 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yakinnye umukino wa mbere muri aya marushanwa nyafurika ubwo yahuraga na Lydia Ludic y’i Burundi bakanganya mu mukino ubanza i Kigali ariko iza kuyitsindira i Burundi 1-0 mu mukino wo kwishyura.

Iyi kipe yatangiye iikina irushanwa rya CAF Champions League gusa iza gusezererwamo imanuka muri CAF Confederations Cup ibasha no kugera mu matsinda y’iyi mikino, gusa uko yagendaga itera intambwe niko bamwe mu bagiye bayifasha bagendaga basigara, kugeza ubu ku munsi wa nyuma w’imikino y’amatsinda bamwe mu bakinnyi bayifashije bamaze gutandukana nayo abandi bakaba barahagritswe na CAF kubera impamvu zitandukanye.

Aba bakinnyi bagiye bavamo twavuga nk’ umunyezamu Ndayishimiye Eric bakunze kwita BAKAME wahagaritswe n’iyi kipe imushinja kuyigambanira, ndetse bikanavugwa ko yaba yirirukanwe burundu.
Hari abakinnyi 3 kandi bahagaritswe na CAF barimo umuyenzamu Ndayisenga Kassim , Christ Mbondi na Yannick Mukunzi kubera ibihano bya CAF nyuma y’imyitwarire mibi bagaragaje ku mukino wa USM Alger muri Algeria.
Hari kandi abakinnyi bafite amakarita 2 y’imihondo batemerewe gukina uyu mukino barimo Manzi Thierry na Niyonzima Olivier Sefu.

Hari n’abandi bakinnyi bagera kuri 5 bamaze gutandukana n’iyi kipe Burundu, bagiye bagurwa aribo Shabani Hussein Tchabalala wagiye muri Baroka FC yo muri Afurika y'Epfo, Usengimana Faustin wagiye muri Khaitan Sporting Club yo muri Kuwait, Kwizera Pierre bakunze kwita Pierrot wasinye muri Aloloubah yo muri Oman, Nahimana Shassir ndetse na Ismaila Diarra werekeje muri RC Arbaâ yo muri Algeria.

Uretse abakinnyi, Rayon Sports ntiri kumwe n'abatoza batangiranye kuko Karekezi Olivier waje gusimburwa na Ivan Minnaert nawe wasimbuwe na Robertinho uyifite kugeza ubu.
Ku ruhande rwa Younga Africans igiye gukina na Rayon Sports FC ibura abagera abakinnyi  8 batangiranye nayo harimo 3 bagiye berekeza mu yaandi makipe atandukanye n’abandi batanu basigaye muri Tanzania ari bo; Juma Abdul, Papy Kabamba Tshishimbi,  Amisi Tambwe, Thaban Kamusoko ndetse na Said Makapu.

Umukino waRayon Sports na YoungA umwe mu mikino isoza itsinda D ushobora kuza gusiga ikipe ya Rayon Sports yandikishije amateka yo kugera muri ¼ cya CAF Confederations Cup kuko basabwa kuwutsinda uko byagenda kose batitaye kubiri bube ku mukino uhuza USM Alger na Gor Mahia.
Kugeza ubu muri iri tsinda rya D Gor Mahia na USM Alger zifite amanota 8 naho Rayon Sports ifite amanota 6 nmu gihe Young Africans iza ku mwanya wa nyuma n’amanota 4.

Amahirwe masa kuri Rayons Sports!

No comments:

Post a Comment

Recent Post